Igihe

Symphony Band yatangirije i Nyagatare ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu

Symphony Band yatangiriye mu Karere ka Nyagatare ubukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu, nka kamwe karangwamo umubare munini w’abakobwa bakiri bato bahura n’iki kibazo.

Muri Gashyantare 2023, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (Migeprof) yatangaje ko kuva muri Nyakanga kugera mu Ukuboza 2022, abakobwa ibihumbi 13 bari munsi y’imyaka 19 batewe inda imburagihe mu Rwanda.

Intara y’Iburasirazuba yihariye 37% by’iyo mibare, uturere tuza ku isonga ni Nyagatare, Gatsibo na Bugesera.

Byatumye Symphony Band yiyemeza gutanga umusanzu wayo mu kurwanya inda ziterwa abangavu, ku buryo ubuzima bwabo butakomeza guhura n’ibizazane.

Ubu bukangurambaga bwatangiriye mu Karere ka Nyagatare ku wa 4 Mata 2023.

Iri tsinda ry’abanyamuziki ryari riherekejwe n’abahanzi Papa Cyangwe na Okkama.

Hari kandi Miss Kayirebwa Marie Paul wabaye Nyampinga ukunzwe kurusha abandi muri Miss Rwanda mu 2021, Miss Uwimana Jeannette wegukanye ikamba ry’uhiga abandi mu kugira umushinga mwiza muri Miss Rwanda mu 2022 na Miss Saro Amanda wegukanye ikamba ry’uhiga abandi mu kugira impano muri Miss Rwanda mu 2022.

Hari kandi abakinnyi ba Sinema, Nkurunziza Samuel wamamaye nka Sam mu itsinda rya Zubby Comedy na Nyambo banakinanye umukino ukangurira abakiri bato kwirinda kugwa mu bishuko.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza mu Akarere ka Nyagatare, Murekatete Juliet, yibukije urubyiruko ko bidakwiye kuba Akarere kabo kari ku mwanya wa mbere mu kugira imibare iri hejuru y’abangavu batewe inda.

Ati “Ngira ngo mu minsi ishize mwamenye ko akarere kacu kabaye aka mbere mu kwesa imihigo, ariko igiteye agahinda ni uko turi n’aba mbere mu kugira imibare iri hejuru y’abangavu batewe inda. Ntabwo bikwiye, mureke turwanye iki kibazo.”

Miss Uwimana Jeannette mu butumwa bwe, yasabye abana b’abakobwa kwiga guhakana kuko ibyo bashukishwa bazabyigezaho mu gihe kizaza. Yabibukije ko iyo babyemeye bibangiriza ahazaza ugasanga n’ibyo batekerezaga ko bagiye kubona bibaye iby’igihe gito.

Mugisha Frank uzwi mu itsinda rya Symphony Band yabwiye IGIHE ko bahisemo guhera ubu bukangurambaga mu Karere ka Nyagatare nyuma yo kubona ko ariko kari imbere mu mibare iri hejuru y’abangavu batewe inda.

Uyu musore yavuze ko nyuma y’iki gikorwa bakoreye mu Karere ka Nyagatare, bagiye kwicara bagategura ibindi nk’ibi ukazaba umusanzu w’itsinda ryabo mu rugamba rwo guhangana n’inda ziterwa abana.

Benshi mu bafashe ijambo muri iki gikorwa bibukijeko gusambanya abana ari icyaha gihanwa n’amategeko, ko umuntu ugikoze wese aba akwiriye kurwanywa.

Basabye kandi ababyeyi kuganiriza abana babo kugira ngo bamenye neza ubuzima bw’imyororokere, ariko nanone banamenye ibibazo bafite babibakemurire bitabaye ngombwa ko babikemurirwa n’abashobora kubashuka babajyana mu ngeso mbi.

Uyu muhango wabanjirijwe n’ibiganiro byahawe urubyiruko rwari ruhagarariye urundi mu Karere ka Nyagatare

Nyuma y’ibiganiro byatanzwe, abari bitabiriye ibi biganiro batangiye urugendo rwaganaga kuri Stade ya Nyagatare ahagombaga gutangirwa ibindi biganiro ndetse n’igitaramo cy’abahanzi bari bitabiriye

Ni urugendo rw’iminota 45 n’amaguru bakoze bafite icyapa gisaba urubyiruko kurwanya inda ziterwa abangavu

Abahanzi barimo Papa Cyangwe na Okkama, Symphony Band n’abakinnyi ba sinema Nyambo na Samu bifatanyije n’urubyiruko rw’i Nyagatare muri uru rugendo

Papa Cyangwe mu muhanda yerekeza kuri Stade ya Nyagatare

Wari umwanya wo gusabana n’abakunzi babo ariko baganira ku cyakorwa ngo inda ziterwa abangavu zigabanuke

Umunyarwenya Samu ari kumwe na Niyontezeho Etienne wo muri Symphony Band

Bazengurutse Umujyi berekeza kuri Stade ya Nyagatare

Miss Uwimana Jeannette aganira n’umukobwa w’i Nyagatare

Urubyiruko rwinshi rwagannye kuri Stade ya Nyagatare ahatangiwe ubutumwa bujyanye no gushaka uko inda ziterwa abangavu zarwanywa

Ubwo abahanzi bari binjiye muri stade

Ni ibiganiro byitabiriwe n’urubyiruko rwinshi rwo mu Karere ka Nyagatare

Kayirebwa Marie Paul wabaye Nyampinga ukunzwe kurusha abandi mu 2021, yari yitabiriye iki gikorwa

Abakobwa bafite amakamba atandukanye ya Miss Rwanda bari bagiye gushyigikira Symphony Band

Saro Amanda wabaye Nyampinga urusha abandi impano muri Miss Rwanda mu 2022 yari yagiye gushyigikira Symphony Band

Ni ibiganiro byari byitabiriwe n’urubyiruko rwinshi rwo mu Karere ka Nyagatare

Abanyeshuri biga umuziki mu ishuri rya muzika rya Nyundo nibo babanje gususurutsa abari bitabiriye iki gikorwa

Abakinnyi ba sinema Samu na Nyambo bakinnye umukino ukangurira abana kuvuga Oya mu gihe hari ushaka kubashora mu ngeso z’ubusambanyi

Niyontezeho Etienne ucuranga piano muri Symphony asigaye abihuza no kuvanga imiziki

Nyambo yakinnye mu mwanya w’umukobwa bari gushaka gushuka agaragaza uko abakobwa bakwiye kwihagararaho aho gushorwa mu ngeso mbi

Muri uyu mukino Nyambo yahisemo kwanga telefone yari ashukishijwe na Samu amwibutsa ko nawe nakura azabasha kwigurira inziza kuyirusha

Ni igikorwa cyaranzwe n’ibikorwa byo kwidagadura

Uwimana Jeannette yavuze ko abakobwa bakwiye kwigishwa kuvuga Oya mu gihe hari ushaka kubashora mu ngeso mbi

Symphony Band yasusurukije abakunzi bayo bari bitabiriye ibi biganiro byabereye muri stade ya Nyagatare

Papa Cyangwe nawe yahawe umwanya wo gususurutsa abakunzi be bari mu rubyiruko rwari rwakoraniye muri stade ya Nyagatare

Okkama nawe yagize umwanya wo gutaramana n’abakunzi be bari mu rubyiruko rw’i Nyagatare rwitabiriye ibi biganiro

Amafoto: Nezerwa Salomon

Leave A Comment

Your Comment
All comments are held for moderation.